Ngaho umwaka uratashye. . ..
Iyo umwaka utashye, ni igihe cyiza cyo kureba inyuma no gushimira Imana indi minsi irenga 300 iba yongereye ku bugingo bwacu. Nta gihe cyiza cyo guhimbaza Imana rero nko mu mpera z’umwaka.
Yarabyinnye ata imyambaro!
Ubwa mbere mbyumva navugije induru nti aya ni amahano noneho ubwo muri bibiliya babyina bagata imyambaro! Uwo ni Dawidi nta wundi mvuga. Wa mugabo wabyinaga agahimbaza Imana yivuye inyuma, ndetse akaba yaragize uruhare runini mu kwandika kimwe mu bitabo by`umuziki byabayeho!
Kenshi twumva indirimbo twita iz`Imana (nkizo tujya tunyuzaho hano kuri ishimwe) ariko ukibaza uti ese guhimbaza Imana ni iki? Ni iki cyaba cyaratumye Dawidi agera aho ata imyenda ye ?
 Tubiganireho!


