Dusengerane
Byanditswe na Janvier Tariki October 29, 2007
mu cyiciro Amakuru, Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana
Gusenga ni imwe mu ntwaro abana b’Imana bahawe mu guhangana n’ibihome bikomeye bya satani. Si ku bw’ubusa Yesu yafataga umwanya wo gusenga mu butayu yiherereye kuko nibwo buryo bwonyine dushobora kwambika imbaraga zo kunesha isi umubiri na satani. Muri Matayo 26:41Â haragira hati “Mube maso, musenge, kugirango mutajya mu moshya. Umutima niwo ukunze ariko umubiri ufite intege nke.”
Aka ni akanya kawe ngo utange ibyifuzo byawe abandi bagusengere. Ni byiza ko usobanuro neza ibyo ushaka ko bagusengeraho!
Dutarame twiga igitabo cy’ibyahishuwe
Byanditswe na Janvier Tariki October 3, 2007
mu cyiciro Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana
Igitabo cy’ibyahishuriwe Yohani i Patmos ni kimwe mu bitabo bikubiyemo ubwiru bwinshi bw’ibizaba mu minsi ya nyuma. Miburo, umwe mu banyarubuga yifuje ko twakora Topic yo kugihaniraho. Ngaho rero nababwira iki banyarubuga, uyu mwanya ni uwanyu.
Imana ibafashe.
Nitwe twenyine dini ry`Ukuri
Byanditswe na Janvier Tariki September 29, 2007
mu cyiciro Amakuru, Isi ya none, Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana
[poll=1]Nta munsi w`ubusa wumva abantu bemeza ko bazi ukuri ku bintu binyuranye cyane cyane ku bijyanye n`ijambo ry`Imana.
Umwe agira ati  ukuri ni uku, undi nawe akavuga atyo, ariko wareba ugasanga uku “kuri” ntiguhura. Ukibaza noneho ari nde ufite ibizima kurusha abandi.
Ubwo Yesu yavaga mu isi, yasize intumwa ze gusa. Mu minsi yacu, ikintu kintangaza, ni ukubona ukuntu abantu benshi bihutira kwamamaza amadini yabo aho kwamamaza inkuru nziza ziruhura imitima, zikiza ubugingo, zunga abarwana, . . . . .Buri wese ati nitwe dufite ukuri nyako.
Ese aho byaba bivahe? Idini ryawe se bite?
Amacakubiri mu murimo w’Imana
Byanditswe na Janvier Tariki July 31, 2007
mu cyiciro Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana, Urubyiruko
Banyarubuga mwese mukunda Imana, ino nyandiko nyanditse kubera ko hari ibintu bisigaye bintera kwibaza aho tugana. Aha ndavuga itorero ry’Imana. Nawe se, mu itorero niho hasigaye habarizwa byinshi mu byo bible ibuza. Gusambana, kubeshya, kwiba, kwishyira hejuru, amagambo, ikirushijeho rero noneho ni UKWICAMO IBICE. Amatorero amwe asigaye hanze aha asigaye arangwamo ubwumvikana bucye cyane kubera abantu bagenda barushaho kumva ijambo ry’Imana mu buryo bishakiye ndetse ahenshi bakarikandagira baribona. Ndagirango tuvugane kuri icyi cyorezo cy’amacakubiri. Ese turagana he?
Ibibazo mu bibazo ku bibazo
Byanditswe na Janvier Tariki June 19, 2007
mu cyiciro Amakuru, Ivugabutumwa, Ntibisanzwe
Ndabasuhuje kandi banyrubuga.
Maze iminsi ntekereza ku ijambo ibibazo. Buri munsi iyo ubyutse ukareba amakuru asigaye kuri TV cg radio na internet usanga ikivugwa ahanini ni ibibazo. Ibibazo mu miryango, ibibazo mu butunzi, ibibazo mu mashuri, ibibazo hagati y`ibihugu, . . . . Mu� buzima bwa buri munsi nabwo, ni ibibazo mu bavandimwe, umwana n`umubyeyi, ibibazo mu nshuti, . . . Noneho rero, mu matorero naho ni ibibazo. Ibi byose� bituma nibaza igitera ibi bibazo byose. Iyo witegereje usanga ibibazo byose bidaterwa n`inkoko cyangwa se inka cyangwa se indi nyamaswa runaka. Biterwa n`abantu. Nonese mvuze ko abantu aritwe bibazo, naba mbeshye? Kuko buri wese agerageje kutaba ikibazo ku bandi, m usi ibibazo byagabanuka.
Banyarubuga, ibi mubitekerezaho iki?
Wagura amafranga angahe uruhinja?
Byanditswe na Janvier Tariki June 10, 2007
mu cyiciro Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana
Bantu mwese mukunze gusura site ya ishimwe no kwandika ku nyandiko zinyuranye, ndabasuhuje mbashima kandi mbifuriza amahoro y`Imana. Nkuko mwese mubizi ino si yacu yuzuye agahinda umubabaro n`ibindi bibaza byinshi.
Mu minsi ishize rero nagize igihe cyo kwihugiraho (kwikunda no kumva ko byose bigomba kugenda uko mbishaka) noneho, niherereye numva ijwi rimbaza ngo Umwana w`uruhinja wamugura anagahe ?? Nibajije icyo bivuga ariko mbura igisubizo hafi. Nyuma y`iminsi mike mbiganira n`inshuti yanjye noneho ntangira gushaka icyo nasubiza ku yo nakwishyura uruhinja. Ni 100$ se, ni 1000$, 1000000$ . . . . . . . .? Naho wakomeza wongeraho, ntushobora kugura umwana umwe w`uruhinja naho wateranya ubutunzi bw`ababayeho bose, n`abazabaho! Ibaze rero noneho umuntu mukuru.
Kenshi ntidusobanukirwa ko turi ab`igiciro kinshi imbere y`Imana, ariko turibo cyane ndetse! Aho ntitwaba twibagirwa ko turi ab`igiciro cyinshi noneho tukitotombera Imana mu bibazo . . . tubiganireho!
Ivugabutumwa kuri internet
Byanditswe na Janvier Tariki May 16, 2007
mu cyiciro Ivugabutumwa
Itumanaho rigezweho rya internet ni uburyo bwiza bwo guhererekanya amakuru no kungurana ibitekerezo. Site ya ishimwe, ni site yashyizweho mu rwego rwo guhimbaza Imana no kwamamaza ibyiza yakoze. Uyu ni umwanya wawe wo gutanga umusanzu mu ivugabutumwa dukoresheje internet.




