Amacakubiri mu murimo w’Imana
Byanditswe na Janvier Tariki July 31, 2007
mu cyiciro Ivugabutumwa, Umurimo w'Imana, Urubyiruko
Banyarubuga mwese mukunda Imana, ino nyandiko nyanditse kubera ko hari ibintu bisigaye bintera kwibaza aho tugana. Aha ndavuga itorero ry’Imana. Nawe se, mu itorero niho hasigaye habarizwa byinshi mu byo bible ibuza. Gusambana, kubeshya, kwiba, kwishyira hejuru, amagambo, ikirushijeho rero noneho ni UKWICAMO IBICE. Amatorero amwe asigaye hanze aha asigaye arangwamo ubwumvikana bucye cyane kubera abantu bagenda barushaho kumva ijambo ry’Imana mu buryo bishakiye ndetse ahenshi bakarikandagira baribona. Ndagirango tuvugane kuri icyi cyorezo cy’amacakubiri. Ese turagana he?




